Abakozi ba Leta bongererwa ubushobozi binyuze mu mahugurwa bategurirwa.
Amahugurwa ahabwa abakozi ba Leta ni inyigisho umukozi ahabwa kugira ngo yongere ubushobozi bwe mu kazi ashinzwe ka buri munsi cyangwa se kugira ngo yongere impamyabumenyi n’impamyabushobozi kuyo yari asanganywe. Amahugurwa ateganywa n’Iteka rya Minisiitiri w’Intebe ryo mu 2016 rigena uburyo amahugurwa y’abakozi ba Leta akorwa.
Madamu Nikuze Laure Ariane umukozi muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe abakozi ba Leta ushinzwe imicungire y’abakozi avuga ko hari ibishingirwaho mu gutegura gahunda y’amahugurwa muri buri rwego .Ibyo bishingirwaho ni isuzumabumenyi cyangwa isuzumabushobozi ry’umukozi , riba ryagaragaje aho akwiriye kongera imbaraga igihe bamusuzuma ibyo yakoze, ikindi ni uko hashingirwa kuri gahunda rusange y’urwego ijyanye no guteza imbere ubushobozi bw’abakozi,mu gutegura iyo gahunda kandi igomba kuba igaragaza umubare w’abakozi bagomba guhugurwa , ikagaragaza amahugurwa azakorwa,aho azakorerwa n’ingengo y’imari izayagendaho. Ikindi ni uko hagomba kugaragazwa igihe amahugurwa azamara niba ari igihe gito cyangwa igihe kirekire.
Abakozi bose ntibakwitabira amahugurwa mu gihe kimwe ,Madame Nikuze avuga ko guhitamo abakozi bazitabira amahugurwa bishingira ku kuba ayo mahugurwa yarateganyijwe muri gahunda y’urwego y’amahugurwa, akaba areba n’ubushobozi bukenewe mu butegetsi bwa Leta by’umwihariko mu byiciro by’ubumenyi byihutirwa kurusha ibindi.
Ayo mahugurwa agomba kuba afitanye isano no kongera ubushobozi bw’umukozi , umukozi agomba kuba yerekana icyizere mu kuzamuka no guteza imbere imirimo ye kandi bikaba bigaragaza n’inyungu zifatika urwego ruzakura muri ayo mahugurwa. Ni byiza kandi kubanza gushishoza ko ayo mahugurwa atatangirwa mu gihugu aho kwihutira kujya hanze. Icya nyuma ni ugukora ku buryo hasaranganywa neza amahugurwa ntihagire umukozi umwe uhora ajya mu mahugurwa wenyine.
Umukozi wa Leta ushyizwe mu mwanya mu butegetsi bwa Leta agenerwa amahugurwa yo kumumenyereza akazi gashya no kumumenyereza imikorere y’urwego.Umukozi usanzwe mu kazi nawe ahabwa amahugurwa y’igihe gito cyangwa y’igihe kirekire. Ay’igihe gito amara igihe kiri munsi y’amezi atandatu kandi ntatange impamyabumenyi yo mu rwego rw’amasomo. Amahugurwa y’igihe kirekire ni inyigisho zimara cyangwa zirengeje igihe cy’amezi atandatu kandi zikaba zitanga impamyabumenyi z’imyigishirize yo mu rwego rw’amasomo.
Hari impamvu zishobora gutuma umukozi atemererwa kwitabira amahugurwa ,izo mpamvu zirimo kuba umukozi yasabye amahugurwa adateganyijwe muri gahunda y’amahugurwa,kuba umukozi yasaba amahugurwa y’igihe kirekire kandi atararangiza igihe cy’isuzumwa cyangwa igihe cy’igeregezwa , kuba umukozi yasaba amahugurwa atajyanye n’ibyo akora mu mirimo ye ya buri munsi,ikindi ni uko iyo abakozi basabye kujya mu mahugurwa ari benshi hitabwa ku kureba umukozi ugaragaza imikorere myiza kurusha abandi.
Umukozi ugiye mu mahugurwa y’igihe kirekire arasimburwa kugira ngo akazi yakoraga kadapfa cyangwa kakadindira. Itegeko riteganya ko umukozi wasigaye mu nshingano z’undi wagiye mu mahugurwa nyuma y’iminsi mirongo itatu uwo mukozi atangira guhabwa uburenganzira ku byahabwaga uwo yasigariyeho.
Madamu Nikuze avuga ko umukozi ugiye mu mahugurwa agirana amasezerano na Leta hakurikijwe ibiteganywa n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe , aho nyuma y’amahugurwa umukozi agomba kugaruka gukorera urwego akorera bitewe n’igihe amahugurwa yamaze. Umukozi wamaze mu mahugurwa igihe kirenze amezi atandatu ariko kitarenze amezi cumi n’abiri akora amasezerano ko azakorera urwego imyaka ibiri. Uwabonye amahugurwa y’igihe kirenze amezi 24 akora amasezerano yo kuzakorera urwego imyaka itanu.
Umukozi wa Leta utubahirije amasezerano y’amahugurwa arabihanirwa aho yishyura amafaranga yamwishyuriwe ndetse n’ayahawe umuryango we ku kigereranyo cy’igihe yari asigaje gukorera urwego rwa Leta , giteganyijwe mu masezerano y’amahugurwa.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta ishishikariza inzego gukurikirana izi gahunda z’amahugurwa zikagenda neza ndetse n’abayitabiriye basabwa kujya batanga raporo igihe amahugurwa arangiye bakanagenera kopi Minisiteri ifite abakozi mu nshingano n’ikigo cy’igihugu gifite iterambere ry’ubushobozi mu nshingano.
Antoine SHYAKA
Public Relations and Communication officer/NPSC