Skip to main content Skip to page footer

AKAMARO K’ INZIRA Y’IKORANABUHANGA MU ITUMANAHO MU GUSHAKA ABAKOZI MU NZEGO ZA LETA.

Ikoranabuhanga  mu itumanaho mu gushaka abakozi ba Leta   rizwi nka   (E-Recruitment)  mu  cyongereza ryatangiye gukoreshwa muri  Gicurasi  2017  rikaba  rikoreshwa  n’ Inzego za  Leta   zishaka  gushyira abakozi mu myanya rigakoreshwa kandi mu gihe abakandida bari  gusaba akazi, buzuza imyirondoro yabo n’andi makuru akenewe  kugira ngo basabe akazi hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Ikoranabuhanga mu gushaka akazi rigengwa n’iteka rya Perezida N0 144/01 ryo kuwa 13/04/2017    rigena uburyo bwo gushaka, gushyiraho no gushyira mu myanya abakozi ba Leta. Nk’uko biteganwa n’ingingo yaryo ya kabiri ivuga ko “abakozi ba Leta bagengwa na Sitati rusange igenga abakozi ba Leta rikareba kandi abakozi ba Leta bagengwa na Sitati zihariye iyo Sitati zidateganya uburyo bwihariye bwo gushaka abakozi”, hakurikijwe Iteka rya Perezida byatumye ubwo buryo bwavuzwe haruguru butangirwa gukoreshwa kubera ko ari bwiza kandi ubu buryo butuma inzego za Leta zibona abakozi zikeneye mu gihe gito kandi bukorohereza abashaka akazi.

Ibigenderwaho mu gushaka umukozi wa Leta ni ukuba urwego rufite imbonerahamwe  y’imyanya y’imirimo  yemejwe n’urwego rubifitiye ububasha ; kuba uwo mwanya w’umurimo ushakirwa umukozi uba udafite umukozi wawemejweho; kuba uwo  mwanya ushakirwa umukozi warateganyirijwe ingengo y’imari no kuba uwo mwanya ushakirwa umukozi warakorewe inshingano zawo ariko zemejwe n’urwego rubifitiye ububasha. Ikindi kandi Urwego rushaka abakozi rugomba gutegura no gukoresha ipiganwa risesuye kandi rigakorwa mu mucyo  nk’uko bisobanurwa n’ingingo ya kane y’iri teka.

Bwana MBONIGABA Etienne umukozi muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta yasobanuye uburyo iri Koranabuhanga rikoreshwa “mbere yo gusaba umwanya watangajwe, umukandida agomba kuzuza ifishi akoresheje murandasi kandi agafotoza impamyabumenyi n’indangamuntu ye mu buryo bubika kopi y’ikoranabuhanga; akohereza indangamuntu ye yaba atayifite akohereza ikiyisimbura na kopi y’impamyabumenyi”.

Iri koranabuhanga rifitiye inzego za Leta akamaro kuko ryagabanyije  amafaranga yakoreshwaga mu gucisha   amatangazo ku maradiyo no mu bitangazamakuru  byandika, ryatumye kandi  ihame ryo guha abanyarwanda amahirwe angana mu kazi yiyongera kuko Umunyarwanda  ushaka akazi aho ari hose biramworohera gusaba akazi; Kwiyongera  kw’abashaka kazi kandi byatumye Inzego za Leta zishobora  kubona umukozi ushoboye  kuko amapiganwa aba yakozwe n’abantu  benshi .

Madam NIRERE Nadine nk’uwakoresheje iri koranabuhanga yashimangiye akamaro  kiri koranabuhanga  “iri koranabuhanga ni ryiza cyane kuko ryatumye umuntu asigaye yiyandikisha mu buryo bworoshye urugero  mbere twiyandikishaga dukoresheje impapuro kandi  kuzifotoza  byabaga bihenze no ku bijyana ku rwego rushaka  abakozi  byabaga bigoye kuko byasabaga kuba umukandida  afite amafaranga y’ urugendo  yaba atayafite amahirwe akaba yamucika  kandi  afite ubumenyi  n’ubushake”.

Imbogamizi zikigaragara

Bwana MBONIGABA Etienne  yasobanuye ko n’ubwo iri koranabuhanga rifite ibyiza ryagejeje ku banyarwanda muri rusange ko hakigaragara imbogamizi  “ dufite imbogamizi  mu gutoranya abakandida bujuje ibisabwa ku mwanya  kuko babaye benshi kandi  tugomba kutarenza iminsi itanu (5) gusa” iyo nimwe mu mbogamizi ku ruhande  rw’urwego rwa Leta  rushaka abakozi rukunda kugira, ikindi “ iyo ikoranabuhanga rya murandasi (internet) rigize ikibazo akazi karahagarara bikaba byatwara igihe .

Bwana MUNEZERO Prudence nk’ukoresha iri koranabuhanga yasobanuye ko hakiri imbogamizi ku bakandida bataragira ubushobozi bwo gukoresha itumanaho babicishije kuri murandasi bitewe n’aho baherereye”.

Twakwibutsa ko iri koranabuhanga mu itumanaho rikoreshwa mu gushaka abakozi ba Leta   rizwi nka   (E-Recruitment)   riri mu nshingano za Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, naho kugenzura uburyo gushaka akazi binyuze muri  iryo koranabuhanga   bikorwa  biri  mu nshingano za Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta .

MWENYEMALI Grace

Umunyeshuri wimenyereza umwuga

Mu Ishami ry’Inozabubanyi