Skip to main content Skip to page footer

Gushaka akazi hifashishijwe inzira y’ikoranabuhanga mu itumanaho, uko gushyira umukozi mu mwanya bikorwa.

Iteka rya Perezida nimero 144/01 ryo kuwa 13 Mata 2017 rigena uburyo bwo gushaka no gushyira mu myanya abakozi ba Leta hifashishijwe inzira y’ikoranabuhanga mu itumanaho e –recruitment riteganya uko gushyirwa mu mwanya ku mukozi watsinze ibizamini bikorwa. Iri Teka riteganya ko  uwatsindiye umwanya agomba kuwushyirwamo nyuma y’iminsi 30 amanota y’ibizamini atangajwe.

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta igaragaza ko iyi minsi yashyizweho kuko mbere nta minsi yo gushyira umukozi mu mwanya yari yarashyizweho bityo  bigatuma bitinda bikaba byanatuma hibazwa niba urwego rwatangaje uwo mwanya rwari rukeneye umukozi. Kuri ubu ariko iki kibazo cyavuyeho kuko hubahirizwa ibikubiye mu Iteka.

Ufite ububasha  bwo gushyira umukozi mu mwanya nawe ateganywa n’iri Teka aho umukozi watsinze ibizamini ashyirwa mu mwanya n’umuyobozi  w’urwego abiherewe ububasha n’inama y’ubuyobozi bw’urwo rwego .Ibi ariko bigakorwa ku mwanya udasaba uburambe kuko kumwanya usaba uburambe bikorwa n’inama y’ubuyobozi  cyangwa bigakorwa na Minisitiri iyo ari urwego rukuriwe na Minisiteri. Iyo ari umwanya usaba ko dosiye y’umukandida inyura mu nama y’abaminisitiri icyo gihe umukozi  ashyirwaho n’Inama y’Abaminisitiri.

Ku bakozi bashyirwaho bitanyuze mu mapiganwa Iteka riteganya ko nabo bashyirwaho n’Inama y’Abaminisitiri.

Umukandida  watsinze mu nzego ebyiri za Leta mu gihe kimwe ,Iteka riteganya ko umwanya we wa kabiri uhabwa umukurikira mu manota . Aha hiyambazwa urutonde rw’ababa barakoze ibizamini bagatsinda ntibabonerwe imyanya y’imirimo aho uru rutonde rugira agaciro mu gihe cy’amezi atandatu.

 Nk’uko umukozi ugiye gusaba akazi hari ibyangombwa  asabwa n’umukozi watsinze ibizamini hari ibyo asabwa mbere yo gushyirwa mu mwanya  birimo icyangombwa cya muganga  cyerekana ko nta ndwara  yandura yaba arwaye, icyemezo cy’uko atigeze akatirwa n’inkiko cyangwa  nta cyaha akurikiranyweho, kopi y’impamyabumenyi yemejwe na noteri ndetse n’ibindi bijya muri dosiye .

Komisiyo y’igihugu ishinzwe abakozi ba Leta igaragaza ko gusaba akazi hifashishijwe inzira bw’ikoranabuhanga mu itumanaho byafashije abasaba akazi  haba mu buryo bw’umwanya ndetse n’amafaranga ugereranyije na mbere ubu buryo butarashyirwaho.

 Nubwo hari ibyagezweho byiza  biturutse kuri ubu buryo bw’ikoranabuhanga Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Abakozi ba Leta isanga ko inzira y’ikoranabuhanga yanogwa akajyamo(E-shortlisting) n’uburyo bwo gukora ibizamini hifashishijwe inzira y’ikoranabuhanga ( E-examination)  kuko umubare w’abasaba akazi ari munini n’uburyo bwo gukora ibizamini busaba ikiguzi kinini. Ibyo bizafasha kwihutisha igihe cyo gushaka abakozi no kugabanya ikiguzi mu ishakwa ry’abakozi ba Leta.

Antoine SHYAKA

Public Relations and Communication Officer/NPSC