Inama nyunguranabitekerezo ku nshuro ya karindwi: Mu ntara y’Iburengerazuba.
Mu myaka icumi Komisiyo ishinzwe Abakozi ba Leta imaze igiyeho, abayobozi n'abakozi mu Turere dutandukanye tw'intara y'Iburenegerazuba, bagaragaza ko hatewe intambwe ikomeye mu gushaka no gucunga abakozi ba Leta.
Muri iyi nama harebwe intambwe imaze guterwa mu kunoza uburyo bwo gushaka no gushyira mu myanya Abakozi ba Leta hasuzumwa imbogamizi n’ingamba zatuma gucunga abakozi ba leta bigera ku ntera ishimishije.
Mu gutangiza iyi nama, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburenegerazuba Bwana Pierre Céléstin Habiyaremye yashimye intambwe imaze guterwa mu micungire y’Abakozi nyuma y’Imyaka icumi (10) ishize iyi Komisiyo igiyeho, muri aya magambo: "Hari byinshi dushimira Komisiyo ishinzwe Abakozi ba Leta, kuko hari ibibazo twagiye dufatanya mugukemura, aha twavugamo nko gushyira abakozi mu myanya, gukemura ibibazo by'abajurira"
Bwana Nkurunziza Fernand, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubujyanama mu Myitwarire no gukemura amakimbirane, mu Komisiyo, yashimye intambwe yatewe n’Intara y’Iburengerazuba. "Turashimira ubufatanye bwiza, hagati ya Komisiyo n’Intara y 'Iburengerazuba kuko bwatugejeje k’ umusaruro mu micungire y’abakozi "
Nubwo hishimirwa intambwe imaze guterwa, Komisiyo ishinzwe Abakozi ba Leta yagaragaje zimwe mu mbogamizi igihura nazo zirimo gutinda gushyira mu bikorwa imyanzuro iba yagejeje ku Nzego zitandukanye za Leta.
Madamu Laure Aliane NIKUZE, impuguke muri Komisiyo ishinzwe imicungire y’abakozi yagaragaje ko hakiri Inzego zitubahiriza ku gihe imyanzuro ya Komisiyo, hari n'inzego zidasubiza ubujurire bw’abakandida bujyanye no gushaka abakozi binyunze mu ikoranabuhanga, bwatinda bugahita buza muri Komisiyo, no kwiyongera k’ubujurire bw’imishahara n’ibijyanye nabyo mu gihe mu bindi ubujurire bugenda bugabanuka.
Ikoranabuhanga mu gushaka abakozi ba Leta no gusuzuma ubushobozi bw’abakozi basanzwe mu kazi rirashimwa, ariko ku rundi ruhande abitabiriye inama batanze ibitekerezo bitandukanye ku buryo ryarushaho kunozwa ku buryo kurikoresha byorohera buri wese.
Bwana NIYIRORA Jean Marie Vianney, umukozi wa Minisiteri ishinzwe Abakozi ba Leta n’Umurimo yamaze impungenge abitabiriye inama asobanura muri aya magambo : "Turi kwagura system kandi ikibazo cy’abatanga dosiye inshuro nyinshi bikemera twaragikemuye. Inshuro irenze imwe kuri dosiye ya mbere ntigenda, icyakora umukandida aba ashobora kuyitanga ku myanya itandukanye, naho kubijyane n’ubujurire bwijyana muri Komisiyo ishinzwe Abakozi ba Leta, biterwa n’inshingano z’abakozi bakoresha System baba batubahirije, biba hashize iminsi itatu (3) utarajya kureba ko hari abantu bajuriye, icyo gihe bihita byijyana kuko system yo ihita ibara ko urwo rwego cyanga se ikigo cyajuririwe banze gusubiza uwo mukandida, ntabwo ubujurire bujya bwijyana mbere y’iminsi 3 yateganyijwe”.
Nyuma y’inama nyunguranabitekerezo yahuje Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta, Abayobozi b’Intara y’Uburengerazuba n’ab’uturere batanze ibitekerezo bijyanye n’uburyo Umukozi wa Leta yanoza imikorere akaba intangarugero, agahanga udushya, akuzuza inshingano neza kandi ku gihe. Abayobozi bemeje ko iki aricyo igihe cyo kubaka Inzego za Leta zifite abakozi bashoboye barangwa n’ikinyamwuga mu kazi bakora.
Alice Nambaje