Skip to main content Skip to page footer

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe abakozi ba Leta irashishikariza inzego bireba kubahiriza amategeko mu gihe cyo gushaka no gushyira abarimu mu myanya.

Gushaka no gushyira mu myanya abarimu biteganywa n’amategeko arimo  Iteka rya Perezida No 064/01 ryo kuwa 16/3/2020 rishyiraho sitati yihariye igenga abarimu bo mu mashuri y’incuke, abanza, ayisumbuye  n’ayimyuga n’ubumenyi ngiro ndetse n’Iteka rya Perezida No 144/01 ryo kuwa 13/4/2017 rigenga gushaka ,gushyiraho no gushyira mu mwanya abakozi ba Leta.

Madame Nyinawabana Triphine , umukozi muri  Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta  ushinzwe  kugenzura uko amategeko ajyanye n’imicungire y’abakozi yubahirizwa agaragaraza  ko umwalimu ari umuntu wigisha  mu mashuri y’incuke ,abanza ,ayisumbuye ,ay’imyuga n’ubumenyingiro  ndetse bikavuga n’umuyobozi wungirije w’ishuri.

Abarimu kandi bari mu byiciro bitandatu   birimo umwarimu w’umutangizi uzwi nka junior teacher mu rurimi rw’icyongereza,hakaba umwarimu uzwi nka teacher, umwarimu umenyereye umwuga senior teacher, umwarimu mukuru cyangwa principal, umwarimu mukuru umenyereye umwuga senior principal n’umwarimu w’inzobere master teacher , hari n’undi mwarimu ushyirwa mu cyiciro cy’icyubahiro uzwi nka Honorary teacher .

Madamu Triphine agaragaza ko  hashingiwe ku isuzumabushobozi n’imyitwarire yaranze umwarimu  mu gihe cy’imyaka itatu ashobora kuvanwa mu cyiciro kimwe akajyanwa mu kindi .Umwarimu kandi   ashobora gushyirwa mu cyiciro cy’umwarimu w’icyubahiro  igihe agiye mu kiruhuko cy’izabukuru yarageze mu cyiciro cy’inzobere, yarigeze guhabwa ishimwe na Minisiteri  y’Uburezi ,Akarere cyangwa Umujyi wa Kigali  kandi atarigeze  ahabwa ibihano mu kazi. 

 Gushaka no gushyira abarimu mu mwanya bikorwa ku bufatanye bw’inzego zitandukanye  harimo uturere n’Umujyi wa Kigali , na REB na Minisiteri y’Uburezi. Mu kubashaka ,Umujyi wa Kigali n’Akarere bikora urutonde rw’imyanya y’imirimo mu mashuri yose ,hagashingirwa ku masomo abarimu bize  no ku masomo akeneye abarimu ,urwo rutonde rushyikirizwa Minisiteri y’Uburezi .

Iyo  abarimu batsinze, gushyirwa mu myanya bikorwa n’Uturere n’Umujyi wa Kigali ndetse izi nzego zikanakorana mu kumenyereza abo barimu. Minisiteri y’Uburezi iba ifite inshingano zo gushyikiriza  Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo urutonde rw’abatsinze ,iyi Minisiteri nayo ikarubika ku rubuga rw’ikoranabuhanga igihe kingana  n’amezi makumyabiri n’ane. Uru rutonde ni rwo rwifashishwa mu gushyira abarimu mu mwanya igihe hari umwanya mushya ubonetse. Komisiyo ivuga ko gushaka abarimu bidakwiriye kurenza iminsi mirongo itandatu (60).

 Umwarimu ushyirwa  mu mwanya ni uwatsinze ikizamini neza ndetse agakora igihe cy’igeragezwa  nacyo akagitsinda neza hanyuma agahabwa uruhushya rutangwa n’urwego rushinzwe imicungire y’abarimu (REB) akanandikwa muri sisiteme  y’imicungire y’abarimu. Mbere yo gushyirwa mu mwanya ariko umwarimu hari ibyangombwa asabwa birimo umwirondoro we wuzuye, fotokopi y’indangamuntu cyangwa  icyangombwa cy’inzira(pasiporo),kopi y’impamyabumenyi  ye iriho umukono wa noteri,ifoto ngufi y’ibara, icyemezo cy’uko atakatiwe n’inkiko  n’icyemezo cya muganga.

 Mu gushaka no gushyira mu mwanya abarimu hari amakosa akunze kugaragara ,amwe muri ayo makosa ni  ugutangaza amanota atariyo  cyangwa kongerera umukandida amanota,icyenewabo,ruswa cyangwa gutonesha.

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta  isaba inzego kujya ziha abarimu amabaruwa abashyira mu mwanya ku gihe kuko iyo batayahawe bigira ingaruka  ku kuzamurwa mu ntera n’ibindi yemererwa n’amategeko. Komisiyo kandi igaragaza ko umwarimu utishimiye ibyavuye mu mapiganwa afite uburenganzira bwo kuyijuririra  yubahirije ibigenwa n’iteka ryo gushaka no gushyira  abakozi mu myanya.

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta  isaba Minisiteri y’Uburezi kwihutisha sisiteme y’ikoranabuhanga ( Teaching management information system) kugira ngo imicungire y’abarimu irusheho gukorwa neza.

 Madame Triphine ajya inama  ku bashinzwe imicungire y’abarimu yo kwirinda kugira uwo barenganya mu gihe hatoranywa abakandida ndetse hakajya hubahirizwa Iteka rigena gushaka no gushyira mu myanya abakozi  ku bitarateganyijwe na sitati rusange. Aha anakangurira  abasaba akazi  n’abarimu ko mu gihe  hari aho babonye ikibazo bajya bamenyesha Komisiyo  ikabikurikirana.

 

Antoine SHYAKA

Public Relations and communication officer/NPSC