Sobanukirwa amasezerano y’imihigo akorwa n’abakozi ba Leta.
Guhiga no guhigura biteganywa n’amatego aho imihigo ari intego urwego rwa Leta cyangwa umukozi yiyemeza kugeraho ,mu gihe runaka harimo umusaruro runaka ugomba kugerwaho mu gihe yihaye.
Bwana Nkurunziza Fernand,Umuyobozi w’ishami rishinzwe ubujyanama no gukemura amakimbirane muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta avuga ko imihigo iri mu bice bibiri aho ihera ku rwego rutegura ibikorwa bizakorwa mu mwaka w’igengo y’imari rwinjiyemo ariko n’umukozi agategura imihigo ijyanye n’ibyo akora agendeye kuri iyo mihigo y’urwego. Kuri ubu guhiga bikaba bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga hakoreshejwe sisiteme yitwa IPPIS.
Abakozi bagira igihe cyo guhiga no guhigura aho guhera tariki ya 1 Nyakanga buri mwaka w’ingengo y’imari imihigo iba igomba kuba yemejwe.Abakozi nabo ntibagomba kurenza itariki ya 31 Nyakanga batarahiga hanyuma tariki ya 30 Kamena muri uwo mwaka w’ingego y’imari bagakorerwa isuzumabushobozi hashingiwe ku mihigo baba barakoze.
Bwana Nkurunziza agaragaza ko imihigo ishingira ku igenamigambi ry’Igihugu bityo hakaba ntawemerewe kuyihindura nyuma y’uko yemejwe n’urwego rukayishyira muri Sisiteme yabugenewe(RBM).Icyakora Umuyobozi w’urwego aba afite ububasha bwo guha abakozi inshingano zishingiye kuri iyo mihigo yemejwe.
Bwana Nkurunziza yemeza ko guhiga hifashishijwe ikoranabuhanga byaje mu gihe nyacyo kuko byafashije muri byinshi nko kubona amakuru yerekeye ku mukozi mu buryo bworoshye ndetse no gukoresha igihe gito muri iki gikorwa ugereranyije na mbere bigikorerwa ku mafishi.
Nubwo ubu buryo bwafashije haracyagaragara imbogamizi zirimo iz’abakozi basangira imibare y’ibanga kandi bishobora kugira ingaruka ku mikorere ndetse no kuba abakozi batitabira kumenya uko sisiteme ikora igihe cyo kuyikoresha bikabagora bikanongerera akazi Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo igihe abayikoresha bahamagariye rimwe basaba ibisobanuro.
Bwana Nkurunziza Fernand agira inama abakozi n’abayobozi yo gukangukira kumenya uko sisiteme ikora kugira ngo hirindwe guta umwanya .Ikindi ni uko ngo umubare w’ibanga ari uw’umuntu umwe bitewe n’inshingano afite bityo akabakangurira kwirinda kuyisangira kugira ngo hirindwe ibibazo bishobora kuvuka.
Antoine SHYAKA
Public Relations and Communication Officer / NPSC