Skip to main content Skip to page footer

Sobanukirwa uburenganzira n’inshingano z’umwarimu.

Imicungire y’abarimu iteganywa n’amategeko  arimo  Iteka rya Perezida no 064/01 ryo kuwa 16/3/2020 rishyiraho sitati yihariye igenga abarimu bo mu mashuri y’incuke, abanza,ayisumbuye  n’ay’imyuga n’ubumenyi ngiro.

Madame Nyinawabana Triphine, umukozi muri  Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta  ushinzwe  kugenzura uko amategeko ajyanye n’imicungire y’abakozi yubahirizwa agaragaza  ko umwarimu afite uburenganzira kimwe n’abandi  bakozi ba Leta . Muri ubwo burenganzira harimo:

Kugira dosiye y’akazi aho Umujyi wa Kigali cyangwa Akarere bakorera umwarimu dosiye  yuzuye irimo ibisabwa ari byo fotokopi y’indangamuntu , fotokopi y’impamyabushobozi iriho umukono wa noteri ,icyemezo cyerekana ko atafunzwe n’ibindi bisabwa umukozi, bikabikwa mu Karere n’Umujyi wa Kigali ,kopi y’iyo dosiye ikabikwa n’umugenzuzi w’umurimo.

Dosiye y’umwarimu iba ikubiyemo ibijyanye n’imicungire ye byose, nk’uburyo asaba impushya,uko azamurwa mu ntera n’ibindi.Iyi dosiye ibikwa ku murenge no ku Karere cyangwa mu Mujyi wa Kigali.Iyo dosiye kandi  ikwiriye guhora bashyiramo amakuru mashya.

Umwarimu kandi afite uburenganzira ku mahugurwa  no kongererwa ubushobozi abifashijwemo n’abayobozi be ariko nawe akagira inshingano zo kwihatira gukurikirana ayo mahugurwa hagamijwe kuzamura ireme ry’uburezi mu Rwanda .Umwarimu ubona ko hari uburyo yabasha kongera ubushobozi ashaka kuva mu cyiciro kimwe ajya mu kindi  arabisaba akandi afite uburenganzira bwo kubihabwa.

Umwarimu uri mu kazi agira uburenganzira bwo guhabwa ibikoresho by’ishuri   byaba ibidanago ,amakayi  yandikamo liste y’abanyeshuri n’ibindi.Afite uburenganzira kandi bwo kurindwa ,akarindwa impanuka n’ibindi yahura nabyo ku buryo akora mu mutekano.

Abarimu bari mu kazi bazamurwa mu ntera kimwe n’abandi bakozi. Umwarimu wemerewe kwigisha ashyirwa mu ntera n’urwego rubashinzwe hashingiwe ku burambe afite mu kazi.Aha ahabwa ibaruwa imumenyesha urwego n’intera ashyizwemo ndetse akajya azamurwa mu ntera mu gihe cy’imyaka itatu.

Abarimu kandi bagira uburenganzira ku biruhuko , nk’ibiruhuko bisanzwe by’umwaka aho ibi biruhuko babijyamo igihe abanyeshuri na bo bari mu biruhuko. Ku bayobozi  n’ababungirije bo bapanga gahunda kugira ngo batagira mu kiruhuko  rimwe   kwishuri hakabura umuyobozi.

Abarimu  bahabwa ikiruhuko cy’ingoboka ,igihe bagize ibyago , hari uwabyaye ndetse ashobora no kurwara agahabwa ikiruhuko kigufi cy’uburwayi kitarenza iminsi 15,igihe yarwaye ashobora kandi guhabwa ikiruhuko kirekire cy’uburwayi kidashobora kurenza amezi atandatu ariko byemejwe na raporo y’abaganga batatu yemeza ko  agomba guhabwa ikiruhuko.

Abarimu bafite uburenganzira kuruhushya rw’umunsi umwe, igihe bafite impamvu zituma bumva barusaba,cyakora ntawemerewe kurenza impushya icumi (10) mu mwaka. Uruhushya rutangwa n’umuyobozi w’ishuri uretse igihe ari uruhushya rusaba ko umwarimu asinyirwa n’uwamushyize mu mwanya. Aha umwarimu iyo arengeje amezi atandatu atarashobora kugaruka mu kazi asezererwa nta mpaka n’umuyobozi wamushyize mu mwanya.

Umwarimu yemerewe guhagarika akazi mu gihe kizwi  ariko akabisaba umuyobozi. Uwahagaritse akazi mu gihe kizwi ntagira uburenganzira ku mushahara  n’ibindi yagenerwaga ari mu kazi. Umwarimu utagarutse mu kazi nyuma y’uko igihe yasabye kirangiye afatwa nk’uwataye akazi.

Hari igihe biba ngombwa ko umwarimu ahagarikwa ku murimo w’ubwarimu by’agateganyo ,iyo afunzwe, akurikiranyweho ikosa ryo mu rwego rw’akazi rishobora gutuma ahanishwa igihano cyo  mu rwego rwa kabiri aricyo cyo kwirukanwa no guhagarikwa ku kazi mu gihe kitarengeje amezi atatu. Uyu mwarimu asubira mu kazi igihe afunguwe mbere y’amezi atandatu cyangwa agizwe umwere.

 Uburenganzira bujyana n’inshingano  niyo mpamvu umwarimu nyuma y’uburenganzira hari inshingano nawe afite  ndetse n’ibyo abujijwe gukora bitabangikanywa n’inshingano zo kuba umwarimu. Mu nshingano afite harimo  gutunganya umurimo asabwa wo kwigisha kandi akawukora neza awukunze,agomba kuwitaho buri gihe,akawukorana ikinyabupfura,atabogama,akubaha abo bakorana,abamuyobora ndetse n’abana yigisha. Akubaha umutungo wa Leta na bya bikoresho yahawe.

Umwarimu hari imirimo abujijwe gukora itabangikanywa no kwigisha nko kugira undi mwanya w’umurimo uhoraho mu butegetsi bwa Leta, gukora umwuga cyangwa ibikorwa ibyo ari byo byose by’ubucuruzi cyangwa iby’inganda byabangamira umurimo w’umwarimu.

 

Antoine SHYAKA,

Public Relations and Communication Officer/NPSC