Skip to main content Skip to page footer

Uburyo bwo guhana umukozi wa Leta wakoze amakosa mu kazi ( igice cya 3)

Iteka rya perezida NO 65/01 ryo ku wa 04/03/2014 rigena uburyo bwo gutanga ibihano  ku bakozi ba Leta bakoze amakosa mu kazi ariko hari n’andi mategeko avuga ku makosa n’ibihano  nka sitati yihariye igenga abarimu. Iri teka rivuga ku makosa ahanishwa ibihano byo mu rwego rwa kabiri,ufite ububasha bwo guhana umukozi   ,sitati yihariye igenga abarimu na yo ikagaragaza uko umwarimu watijwe mu rundi rwego ahanwa.

Bwana Nkurunziza Fernand, Umuyobozi w’ishami rishinzwe ubujyanama no gukemura amakimbirane muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe abakozi ba Leta ,agaragaza ko igihano  cya  kabiri mu bihano byo mu rwego rwa kabiri ari uguhagarikwa  ku kazi mu gihe kitarenze  amezi atandatu.

Amakosa ajyana no guharikwa ku kazi mu gihe kitarenze amezi atandatu  harimo  gutaka ukugana ashaka serivise, ututse  cyangwa usebeje mu  magambo , mu nyandiko  cyangwa mu mashusho  umukozi uri ku rwego rw’imirimo rumwe  nawe  cyangwa ruri hasi y’urwe.Uwiha akazi agamije inyungu ze bwite .Ukoze dosiye y’akazi nabi mu nyungu ze bwite ,uwoherejwe mu butumwa cyangwa mu mahugurwa mu rwego rw’akazi ntabe ariho ajya,uwaje ku kazi yasinze cyangwa yanyweye ibiyobyabwenge,utangaje inkuru isebya cyangwa yangisha abantu urwego akorera cyangwa inzego za Leta muri rusange.Irindi  kosa rihanishwa igihano cyo guhagarikwa ku kazi mu gihe kitarenze amezi atandatu ni  ukwangiza igikoresho cy’akazi gifite agaciro k’amafaranga ari hejuru ya miliyoni n’ibihumbi magana atanu(1.500.000).

 Igihano cya nyuma mu micungire y’abakozi ni icyo kwirukanwa burundu mu kazi.Iki gihano gihabwa utaye akazi nta mpamvu izwi cyangwa nta ruhushya mu gihe kigeze nibura ku minsi cumi n’itanu ikurikirana. Uhamijwe burundu n’urukiko igihano cy’igifungo  gihwanye cyangwa gisumba amezi atandatu ,ukoze uburiganya agahindura ibikubiye muri dosiye ye y’akazi  cyangwa iy’undi mukozi agamije kumuha amahirwe  cyangwa kumuvutsa amahirwe .Gutanga ibyangombwa mpimbano bishingirwaho kugira ngo umukozi ahabwe akazi.Uwibye mu kazi ,uwakubise undi muntu ku kazi  n’uwatutse umuyobozi w’urwego akorera cyangwa umwungirije  cyangwa undi muyobozi wo mu butegetsi bwa Leta  uri ku rwego rumwe nawe  cyangwa uwisumbuyeho.

Andi makosa ahanishwa iki gihano ni igihe umukozi yakoze uburiganya bugamije gutonesha cyangwa kugabanyiriza amahirwe umukandida mu bijyanye n’itangwa ry’akazi. Usaba, uwakira cyangwa uwatanze ruswa, indonke kugira ngo hatangwe serivise,uhoza undi muntu ku nkeke agamije gukorana nawe imibonano mpuzabitsina  ku buryo bufitiwe ibimenyetso. Ukoze ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

 Hari ubwo umukozi akora ikosa ritateganyijwe muri iri teka rigena ibihano, Bwana NKURUNZIZA avuga ko icyo gihe umukozi ahanwa  hifashishijwe ingingo ya 15 y’Iteka rya Perezida  rigena ibihano riteganya ko  umukozi ugize imyitwarire ibyara ikosa  ridateganyijwe mu iteka umuyobozi w’urwego akorera agena uburemere bw’iryo kosa akagena igihano  bijyanye.Aha hakabaza kugishwa inama akanama  gashinzwe imyitwarire  mu rwego.

Ingingo ya 17 y’iri teka kandi igaragaza ufite ububasha bwo guhana umukozi aho ibihano byo mu rwego rwa mbere bitangwa n’umuyobozi ukuriye urwego  umukozi akoramo amaze kumva inama agirwa n’akanama gashinzwe gukurikirana amakosa . Ibihano byo mu rwego rwa kabiri byo bitangwa n’umuyobozi washyize umukozi mu mwanya amaze kumva inama agirwa n’akanama gashinzwe gukurikirana amakosa na Minisitiri.

Umuyobozi ufite ububasha bwo guhana birashoboka ko yaha undi muntu ububasha bwo guhana mu kigwi cye ariko uwahawe ububasha we ntiyemerewe gutanga ubwo bubasha ndetse agomba kumenyesha umuyobozi wamuhaye ububasha ibyo akoze byose kuko uwatanze ububasha akomeza kubaza ibijyanye n’ububasha yatanze.

Ingingo y’I 117 ya sitati yihariye igenga abarimu igaragaza ko iyo umwarimu atijwe akurikiranwa kandi agahanwa hakurikijwe amategeko y’urwego yatijwemo.Gusa iyo akoze ikosa rihanishwa igihano cyo kwirukanwa burundu ku kazi gukurikirana ikosa no kurihana  bikorwa ku bufatanye bw’urwego umwarimu yatijwemo n’urwego yaturutsemo .

Ingingo ya 30 y’iteka rya perezida rigena ibihano yo ivuga ko  umukozi watijwe indi serivise ya Leta ubonetseho ikosa akurikiranwa kandi agahanwa hakurikijwe amategeko y’urwego yaturutsemo. Mu gihe iyo  agaragayeho ikosa rihanishwa  igihano cyo kwirukanwa  burundu ku kazi  gukurikirana ikosa no kurihana bikorwa ku bufatanye bw’urwego umukozi yashyizwemo n’urwego yaturutsemo.

Antoine SHYAKA

Public Relations and communication officer/NPSC